Abaturage bishimiye gahunda ya Sanga Umuturage ibafasha gukemurirwa ibibazo byabo iwabo mu Tugali.

Umuyobozi w'Akarere Madamu NIYONAGIRA Nathalie ubwo yakiraga ibibazo by'abaturage mu kagali ka Kibare mu murenge wa Mutenderi

Kuri iki gicamunsi, abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Ngoma bakomeje igikorwa cyo kwegera abaturage mu tugali hagamijwe kubumva, kujya inama no kubakemurira ibibazo. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Mutenderi bihuzwa n’Inteko z'abaturage zisanzwe ziterana buri wa kabiri w’icyumweru.

Mu murenge wa Mutenderi kuri Site ya Karwema ahahurijwe abaturage bo mu kagali ka Kibare na Karwema. Umuyobozi w'Akarere Madamu NIYONAGIRA Nathalie arikumwe n'Umuyobozi w'Inkeragutabara mu Karere Major NIZEYIMANA KAYONGA bifatanyije n’abaturage bo muri utwo tugali twombi Karwema na Kibare bakemura ibibazo by’abaturage mu ruhame mu rwego rwo kubarinda ikiguzi cy’urugendo byashoboraga kubatwara bajya gutanga ibibazo byabo ku biro by’Akarere ka Ngoma.

Mu butumwa Umuyobozi w’Akarere Madamu NIYONAGIRA Nathalie yajeje kubaturage yabasabye:

  1. Kwicungira umutekano bakora irondo rishingiye ku isibo no gutangira amakuru ku gihe aho babonye ikintu cyose gishobora guhungabanya umudendezo wabo.
  2. Kubaruza ubutaka no kwihutira kwandikisha ubutanditse.
  3. Ku bifotoje bose yabasabye kwihutira gufata indangamuntu zabo ku mirenge bifotorejeho.
  4. Kwibutsa abaturage bose kujyana abana Bose mu ishuri
  5. Abaturage bose basabwe kwishyura Ubwisungane mu kwivuza.
  6. Gukomeza gahunda yo kwimakaza isuku n'isukura
  7. Kwirinda amakimbirane yo mu ngo kuko adindiza iterambere ry’umuryango
  8. Kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gukumira inda ziterwa abangavu.

Iki gikorwa cyatangiye kuwa 09.01.2024 bitganyijwe ko kizasozwa kuwa 18.01.2024. 

Back