Abaturage bo mu mirenge ya Sake na Rukumberi bashimiye Polisi y'u Rwanda ku bikorwa by'iterambere yabagejejeho.
Kimwe n’ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa Kabiri taliki 28/12/2021, mu karere ka Ngoma hatashywe ibikorwa byakozwe na Polisi mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.
Ni umuhango wayobowe na Madamu NIYONAGIRA Nathalie ari kumwe na Bwana MAPAMBANO N. Cyriaque V/M ushinzwe ubukungu n'abahagarariye inzego z'umutekano (Ingabo, NISS na DASSO) bifatanyije na Polisi y'u Rwanda mu gushyikiriza abaturage bo mu mirenge ya Sake na Rukumberi ibikorwa Polisi yagejeje ku baturage mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.
Bimwe mu bikorwa byakozwe mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi mu karere ka Ngoma birimo kubaka inzu yubakiwe umuturage utishoboye witwa SENYANA Athanase ifite agaciro kangana na miliyoni 9,960,000 Frws, gucanira ingo 384 ziri mu kiciro cya 1 ni cya 2 zo murenge wa Rukumberi bifite agaciro 46,080,000 Frw.
Senyana wahawe inzu yagize ati” ntarabona inonzu narimbayeho muburyo budasobanutse ariko ndashimira abampaye iyinzu tukaba twishimira imiyoborere myiza muri rusange.”
Umwe mubahawe amashanyarazi akomoka kumirasire y’izuba wo mumurenge wa Rukumberi Kajangwe Jean Bosco yagize ati” kuryama kwari ukuyoboza umutima aho umuntu aryama ariko ubu tuanatarama kandi n’abana basubiramo amasomo bakabasha gutsinda.”
Abaturage bahawe ibi bikorwa barashimira Polisi umusanzu wayo mu gufasha abaturage gucyemura bimwe mu bibazo bikibangamiye imibereho myiza yabo.
Mu butumwa yatanze, umuyobozi w'Akarere ka Ngoma Madamu NIYONAGIRA Nathalie yasabye abaturage gufata neza ibikorwaremezo bahawe na Polisi kubijyanye n'umuriro w'amashanyarazi bahawe yabasabye kuwubyaza umusaruro bakiteza imbere,yagize ati :”turasaba abahawe ibibikorwa kubibyaza umusaruro biteza imbere kandi n’ahandi bitaragera tuzabihageza nk’uko biri mumihigo y’Akarere.”
Nyuma y'ibi bikorwa, umuyobozi w'Akarere ka Ngoma Madamu NIYONAGIRA Nathalie nabo bari kumwe basuye abaturage bakora ubuhinzi mu gishanga cy'Akagera baganira ku ngamba zo kwirinda COVID19 ndetse abibutsa kwikingiza iki cyorezo.
Ibi bikorwa byatashywe uyu munsi kuwa 28/12/2021 byatangiye kubakwa kuwa 15/8/2021.