Ikipe y’Abakozi b’Akarere ka Ngoma yegukanye intsinzi mu mukino wa gicuti w'umupira w'amaguru wayihuje n’Abanyamakuru

Kuri uyu wa gatanu taliki 28.03.2025 mu mukino wa gicuti wahuje ikipe y’abakozi b’Akarere ka Ngoma n’iy’abanyamakuru bakorera mu Ntara y’Iburasirazuba, ikipe y’Akarere yatsinze ibitego 3-2 mu mukino wari urimo ishyaka ryinshi.

Uyu mukino wabereye kuri stade y’Akarere ka Ngoma, ukaba wari wateguwe mu rwego rwo kurushaho gushimangira umubano hagati y’abakozi b’Akarere n’itangazamakuru. Wari umukino wagaragayemo guhangana gukomeye, aho ikipe y’abanyamakuru ari yo yafunguye amazamu mu minota ya mbere y’umukino. Icyakora, abakozi b’Akarere baje kwihagararaho maze batsinda ibitego bitatu, byabahesheje intsinzi.

Nyuma y’umukino, Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nathalie Niyonagira, yashimiye impande zombi ku bwo kwitabira iyi mikino y’ubusabane, agaragaza ko ari ingenzi mu kubaka umubano mwiza. Yagize ati: "Uyu mukino ni ikimenyetso cy’uko dufitanye umubano mwiza n’itangazamakuru. Turashimira abanyamakuru uruhare bagira mu kugeza amakuru ku baturage no gufasha Akarere kugera ku ntego z’iterambere. Dufatanyije, twese dushobora gukora ibirenzeho ku nyungu z’abaturage bacu."

Abakinnyi n’abitabiriye uyu mukino bagaragaje ko bishimiye iki gikorwa, ndetse bashimangira ko imikino nk’iyi ikwiye gukomeza kugira ngo igire uruhare mu guteza imbere ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye.

Ikipe y'abakozi b'Akarere ka Ngoma mu mwambaro mwiza w'umukara yihagazeho imbere y'abanyamakuru

Ikipe y'abanyamakuru yari iyobowe na kapiteni wabo Yusufu UBONABAGENDA ariko ntiyashoboye kwihagararaho imbere y'Abakozi b'Akarere ka Ngoma

Kapiteni MAPAMBANO NYIRIDANDI Cyriaque wari ayoboye ikipe y'Akarere na Yusufu UBONABAGENDA kapiteni w'abanyamakuru babanje kumva amabwiriza y'abasifuzi no gutombora ikibuga mbere y'umukino.

 

Back